Ongera ubivuge!

Derek Prince
*First Published: 2008
*Last Updated: May 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Nshobora kwibuka neza cyane igihe natangiraga gutanga ubuhamya nk'ubu. Naratekereje nti, ndibaza aho Satani azankubitira ubutaha. Nzi abantu banga gutanga ubuhamya kuko batinya ibizababaho nibabikora, ariko ibyo ni ugukina umukino wa Satani gusa. Wibuke, ubu ni uburyo bwe bwo kukubuza gukora ibizagushyira aho atagera. Ni ijambo ry’ubuhamya bwawe gusa rizatuma ubona inyungu z'amaraso.
Ubwa mbere uzabivuga, ikuzimu hose hashobora kuzikuka. Wowe, himbaza Uwiteka! Ongera ubivuge. Bibiliya iravuga ngo:
“Dukomeze ibyo twizera tukabyatura” (Abaheburayo 4:14)
Hanyuma, ibintu byose koko nibiba byabaye bibi cyane, Ibyanditswe biravuga ngo:
“Dukomeze kwatura ibyiringiro byacu tutanyeganyega” (Abaheburayo 10:23)
Komeza kubivuga. Ntibishingiye ku byiyumviro byacu. Ntibishingiye ku biri kutubaho, ibimenyetso, cyangwa uko ibintu bimeze. Ni ukuri kw'iteka ryose nk'Ijambo ry'Imana.
Iteka ryose, Ijambo ry'Imana rihora rihamye mu ijuru (reba Zaburi 119:89). Satani nta mwanya afite muri twe, nta bubasha afite kuri twe, kandi nta birego afite bitararangira kuri twe.
*Prayer Response
Urakoze, Mwami, ku bw'amaraso ya Yesu. Ndahamya ko Satani nta mwanya afite muri njye, nta bubasha amfiteho, nta kirego akinshinja. Byose byarangijwe n'amaraso ya Yesu! Kandi ndateganya kubitangaza mbisubiramo nongere mbisubiremo. Amena.
Kode: WD-B097-051-KIN