Atari Urutonde rw’Amategeko

Derek Prince
*First Published: 2008
*Last Updated: May 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Reka turebe uko kwera kwagerwagaho mu isezerano rya kera. Imana yaravuze iti, "Mube abera kuko ndi uwera" (Abalewi 11:44). Igice cyose cya 11 cy’Abalew kirondora amategeko akomeye yerekeye ibyo kurya, ibyo kwambara, n'ibituma umuntu aba ahumanye cyangwa adahumanye.
Icyo Imana yasabaga cyari "mwiyeze" (Abalewi 11:44). Ariko ubona muri iki gice ko gukomeza kuba uwera byari ibintu bigoye cyane. Hariho uruhererekane rw’amabwiriza menshi asobanuye cyane.
“Ibi ni byo bihumanya kuri mwe mu bikururuka bigenza amaguru magufi hasi: umukara n’imbeba n’icyugu kinini,... n’umuserebanya n’ikijongororwa n’uruvu, … ukoze ku ntumbi zabyo azaba ahumanye ageze nimugoroba.” (Abalewi 11:29–31)
Nk'uko iri tegeko ribivuga, urugero, niba imbeba yapfuye maze umuntu akayifata ku murizo, uwo muntu yabaga ahumanye kugeza nimugoroba. Ariko Ibyanditswe birakomeza bigatanga andi mategeko y'inyongera ku bijyanye n'icyombo imbeba yashoboraga kugwamo n'umwenda yashoboraga gukoraho, hanyuma bigatanga amabwiriza y'uko bahangana n'iryo humana. Kubahiriza aya mategeko yose byaba ari akazi k'igihe cyose.
Imana yavuze ko uramutse ubashije gukurikiza aya mategeko, uzaba uri uwera. Ariko niba waragombaga kugera ku butungane binyuze mu gukurikiza urutonde rw'amategeko, wagombaga gukurikiza amategeko yose igihe cyose. Ntiwashoboraga kureka na rimwe muriyo na gato. Ariko Imana ishimwe ko yatanze inzira nziza kuruta iyo — kuko gukurikiza aya mategeko yose bidashoboka ku bantu b’abanyabyaha.
*Prayer Response
Urakoze, Mwami, ku bw'amaraso ya Yesu. Ndatura ko umugambi w'Imana ari uwo kungira uwera—atari ku bwo gukurikiza amategeko, ahubwo binyuze mu maraso ya Yesu, ayo natunganyirishiijwe, nkagirwa uwera, nkarobanurirwa Imana. Amena.
Kode: WD-B097-041-KIN