Icyo kwezwa Bisobanura

Derek Prince
*First Published: 2008
*Last Updated: March 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Kwezwa ni irindi muri aya magambo maremare ya tewolojiya. Reka turive imuzi. Kweza bifitanye isano itaziguye mu ndimi za Bibiliya z’umwimerere n’ijambo "intungane." Rero, "kweza" bisobanura "kugira intungane." Ijambo ry'icyongereza kweza rifitanye isano n’ijambo umutagatifu. Kwezwa ni inzira yo gukora ikintu gitagatifu, cyangwa cyera.
"Ni cyo cyatumye na Yesu ababarizw’inyuma y’irembo, kugirango yejesh’abantu amaraso ye." (Abaheburayo 13:12)
Yesu yagiye hanze y’umujyi nk’igitambo cy’ibyaha (reba nk’urugero, Yohana 19: 16-20). Twigira mu Isezerano rya Kera ko amaturo y'ibyaha atashoboraga gutambirwa mu rugo rw'abantu b'Imana (reba nk'urugero, Kuva 29:14). Kwezwa buri gihe birimo gutoranywa.
Kugira ngo twiyeze, tugomba gutanga ubuhamya bukwiye: “Binyuze mu maraso ya Yesu, ndejejwe, nagizwe uwera, natoranirijwe Imana, ntandukanijwe n'ibibi byose. Hagati y'ibibi byose nanjye harimo amaraso ya Yesu. "
Uwejejwe ari mu gace Imana ishobora kumugeraho, ariko satani we ntamugereho. Kwezwa ni ugukurwa mu gace aho Satani adusura no kutugeraho tugashyirwa ahantu dushobora kuboneka ku Mana, ariko atari aho satani adusura mu rugo akadusangayo. Ibyo nibyo kwezwa bivuga, kugirwa intungane, gutoranyirizwa Imana.
*Prayer Response
Thank you, Mwami, ku maraso ya Yesu. Ndavuga ko binyuze ku maraso ya Yesu, ntagatifujwe, ndabonewe, nashyizwe ku ruhande ku Mana. Amen.
Kode: WD-B097-036-KIN