Gushira Amanga kubwo Gukiranuka

Derek Prince
*Last Updated: March 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Imana igira abayabyaha abakiranutsi. Ibyanditswe birabivuga, nanjye ndabyizera. Reka turebe umurongo umwe woroshye wemeza uku kuri:
"Utigeze kumenya icyaha Imana yamuhinduye kuba icyaha ku bwacu, kugira ngo muri we duhinduke gukiranuka kw'Imana" (2 Abakorinto 5:21)
Muri uyu murongo, nkunda gushyiramo amazina mu mwanya w'ibinyazina: “Yesu Utigeze kumenya icyaha, Imana yamuhinduye kuba icyaha, kubwa we na njye, kugira ngo duhinduke gukiranuka kw'Imana muri Yesu.” Hariho kungurana ibitekerezo byuzuye: Yesu yahinduwe icyaha n’ibyaha cyacu kugira ngo duhindurwe abakiranutsi no gukiranuka kwe. Uku gukiranuka kuboneka kubwo kwizera amaraso ye.
Gukiranuka bitanga ibisubizo byihuse kandi bisobanutse neza. Reka turebe kimwe muri ibyo bisubizo nkuko bivugwa mu Byanditswe Byera. Muby’ukuri, uburyo bwacu bwo kubaho, imyifatire yacu, imibanire yacu, hamwe n’ubuzima bwiza bwa gikristo n’ibikorwa byacu bizaterwa n’ubugari dusobanukirwaho ko twagizwe abakiranutsi. Dusoma mu Migani 28: 1:
"Umunyabyaha ahunga ari nta wumwirukanye,
Ariko umukiranutsi ashira ubwoba nk'intare."
Abakristo benshi muri iki gihe babuze gushira amanga. Bafite ubwoba kandi basaba imbabazi; bakunda gusubira inyuma iyo bahuye n’ibibi cyangwa satani. Intandaro nyayo ni ukunanirwa kunezererwa ko ari abakiranutsi imbere y'Imana - umukiranutsi nka Yesu Kristo ubwe. Iyo dushimye uko kuri, kudutera gushira amanga.
*Prayer Response
Kode: WD-B097-033-KIN