Kuzuza Ibisabwa

Derek Prince
*Last Updated: March 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Reka turebe neza ku ijambo rivuga ku bijyanye n'amaraso riboneka muri 1 Yohana 1:7:
"Ariko rero iyo tugendeye mu mucyo nk'uko na yo iri mu mucyo, tuba dufatanije ubwacu kandi amaraso ya Yesu Umwana wayo atwezaho ibyaha byose."
Twabonye uko ibi bice bitatu bifitanye isano kandi bihurijwe mu Ijambo ry'Imana: kugendera mu mucyo, gusabana n’abandi, no kwezwa n'amaraso. Abantu benshi bavuga ko bezwa kandi barindwa n'amaraso ariko ntibuzuza ibisabwa kugira ngo babihabwe. Kwezwa n'amaraso ya Yesu Kristo ni ingaruka y’ibyabanjirijwe n’ijambo "niba" — ni ijambo rivuga ko hari ikigomba kubanza gukorwa, rishingiye ku kuba twuzuje ibyo dusabwa — niba tugendera mu mucyo nk'uko We ari mu mucyo. Hanyuma, hari ingaruka ebyiri zikurikira — si imwe, ahubwo ni ebyiri. Kwezwa n'amaraso ni ingaruka ya kabiri; ingaruka ya mbere ni uko dusabana hagati yacu.
Mu buryo bwumvikana, niba tudafitanye ubusabane hagati yacu, ni gihamya ko tutagendera mu mucyo. Niba tutagendera mu mucyo, birumvikana ko tudashobora kuvuga ko twakwezwa n'amaraso ya Yesu. Bityo, tugera kuri uyu mwanzuro: niba tutari mu busabane, turi hanze y'umucyo. Niba turi hanze y'umucyo, amaraso ntakomeza kutweza. Amaraso ya Yesu yezereza gusa mu mucyo. Iri ni rimwe mu mahame y'ingenzi cyane dushobora kumva.
*Prayer Response
Kode: WD-B097-024-KIN