Kwitangira Ubuhamya Ubwawe

Derek Prince
*Last Updated: March 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
"'Muri we [Kristo] twacungujwe amaraso yamennye ku bwacu, bityo Imana itubabarira ibicumuro ikurikije ubuntu bwayo butagira urugero. '" (Abefeso 1:7 BIR)
Reba iri jambo rituruka mu Ijambo ry'Imana ku bijyanye n'amaraso ya Yesu, ndakwereka uko wayakoresha ukoresheje icyatsi cya Ezobu (hyssop) y'ubuhamya bwawe bwite mu buzima bwawe n'ibyo ukeneye.
Uyu murongo utubwira ibintu bibiri tubona binyuze mu maraso ya Yesu igihe turi muri Kristo. Ibuka ko niba turi hanze ya Kristo, ntacyo ibyo bitumariye. Mu gihe cya Pasika ya mbere mu Misiri, amaraso ntiyarinze abari hanze y'amazu yabo. Ni mu nzu zabo gusa Abisirayeli bari barinzwe, kandi ni muri Kristo gusa dufite gucungurwa no kubabarirwa ibyaha.
Nzi uyu murongo wo hejuru mu mutwe. Ndamutse mpagaze ncuramye mu mfuruka y'icyumba kirimo umwijima ninjoro, nshobora kuvuga uyu murongo mu mutwe nta kibazo na gito. Mbaho nyobowe n'iki cyanditswe. Ngumana Ezobu yanjye mu ntoki. Nkubwije ukuri, nta minsi ishira ndakoresheje Ezobu mu buzima bwanjye bwite. Nabonye ko ikora akazi neza.
*Prayer Response
Kode: WD-B097-021-KIN