Twaremwe kandi Tugurwa nawe

Derek Prince
*Last Updated: March 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Uyu ni umugani nabwiye Abamaori bo muri Polenizi, bazwiho cyane kubaza ibintu mu biti, ngo mbereke igiciro Yesu yishyuye ngo aducungure atuvane mu byaha byacu.
Hariho umuhungu wabaje ubwato buto bwiza bwo kugendamo mu mazi. Umunsi umwe abutwara ku Nyanja ngo abugendemo, ariko umuyaga urihindukiza mu mazi utwara ubwato bwe kure mu Nyanja. Kuko rero yabushakishije akabubura umuyaga wabutwaye, yatashye atabutahanye.
Umuraba mwinshi waje mu gihe cyakurikiyeho wagaruye bwa bwato, butorwa n’umuntu wagendaga ku nkombe y’inyanja. Agenzura ubwo bwato abona ko bukoze neza cyane, noneho abugurisha n’umuntu wari ufite iduka, arabutunganya abushyira aho agurishiriza ibintu, abushyiraho igiciro ngo bugurwe.
Nyuma y'igihe runaka, umwana yanyuze imbere y'iduka abona ubwato bwe. Yahise amenya ko ari ubwe, ariko nta bimenyetso yari afite byo kubyemeza. Rero, niba yarashakaga kubugaruza, yari abizi ko agomba kubugura.
Ajya gukora ngo abone amafaranga mu kazi ko koza imodoka, gutema ibyatsi n’indi mirimo. Amaze kubona amafaranga ahagije, yinjira mu iduka agura ubwato bwe. Abufata mu ntoki ze, arabuhobera, aravuga ati “Ubu uri uwanjye! Naragukoze kandi ndakuguze.”
Irebe nk’ubwo bwato. Ushobora kumva ntacyo ushoboye cyangwa nta gaciro ufite; ushobora kwibaza niba koko Imana ikwitayeho. Ariko Imana iri kukubwira ngo, “Ubu uri uwanjye kabiri; Narakuremye kandi narakuguze; uri uwanjye byuzuye.”
*Prayer Response
Kode: WD-B097-013-KIN