Mu gutanga amabwiriza yerekeye imyitwarire yo gusenga mu itorero ryo mu Isezerano Rishya, Pawulo yaranditse ati: "Ni cyo gituma umugore akwiriye kwambara ku mutwe ikimenyetso cyo gutwarwa ku bw’abamarayika." ¹ Pawulo abifata nk'ibibaho nyine bisanzwe ko igihe abakristu bahuye kugira ngo basenge, abamarayika nabo baba bahari kandi babigiramo uruhare.

This is the first in a series of six teaching letters called Because of the Angels. As an introduction, we will explore Biblical accounts of the ways that angels play a role in believers' lives.

Jye na Rusi inshuro zirenze imwe dusengera hamwe, yumva abamarayika baririmba. Twabonye ko twagize amahirwe yo kuba mu gace gato ko gusenga kw’isanzure ryose hamwe, kuzenguruka ijuru n'isi. Numvise ubuhamya nk'ubwo ku bandi bakristo.

Mu Baheburayo 1:14 umwanditsi avuga ko abamarayika b'Imana ari "imyuka iyikorera, itumwa gukora umurimo wo gufasha abazaragwa agakiza." Ijambo ry'Ikigereki ryahinduwe ngo "imyuka ikorera" risobanura imyuka ikora ibikorwa byo gusenga by'ubutambyi. Mu Itorero ryo mu Isezerano Rishya ijuru n'isi byari byivangiye hamwe mu gusenga.

Kwigomeka bikurikiranye kw'abamarayika

Bibiliya igaragaza urukurikirane rw'abamarayika bigometse ku Mana. Ubwa mbere - kandi bukomeye cyane - ni ubwigomeke bwa mbere bwa Lusiferi (umumarayika mukuru) bwasobanuwe muri Yesaya 14: 12-14:

“Mbese wahanantutse ute mu ijuru,

Ku ruhande rwanjye, nizera ko Umuntu wo mu butatu bw’Imana Satani yifuzaga umwanya we atari Imana Data ahubwo yari Imana Mwana (wagaragaye nyuma mu mateka ya muntu nka Yesu w'i Nazareti). Urugamba hagati y’abo bombi rwageze ku ndunduro ku musaraba, aho bigaragara ko Satani yatsinze Yesu, ariko mu by’ukuri, Yesu yambuye Satani intwaro ze zose maze amusiga atsinzwe rwose. “Imaze [Imana] kunyaga abatware n’abafite ubushobozi, [ba Satani], ibahemura ku mugaragaro, ibivuga hejuru ku bw’umusaraba. ” ² ni ukuvuga inyuze mu musaraba.

Mu Byahishuwe 12: 3-4 Satani agereranywa n '“ikiyoka kinini gitukura” “Umurizo wacyo ukurura kimwe cya gatatu cy’inyenyeri zo ku ijuru.” Ikigaragara ni uko nka marayika mukuru, Lusiferi (ubu ni Satani) yari afite ubutware kuri kimwe cya gatatu cy'abamarayika bo mu ijuru, bamukurikiye mu kwigomeka kwe kandi bari kumwe na we birukanwa mu ijuru. Satani n'abamarayika bamukurikiye bahise bashyiraho ubwami burwana “ahantu ho mu ijuru,” ³ ahantu hagati y'ijuru rya gatatu⁴ (niho Imana iba) n'ijuru rigaragara ku isi.

Nubwo iherezo rya Satani ryakemuwe bidasubirwaho no gutsindwa kwe ku musaraba, urubanza rwa nyuma kuri we ntiruzarangizwa kugeza mu mpera z'ikinyagihumbi. Icyo gihe, Satani, hamwe na antikristo, "bazajugunywa mu nyanja yaka umuriro n'amazuku ... Kandi bazababazwa amanywa n'ijoro iteka ryose." ⁵

Abamarayika Baguye Mbere y'Umwuzure

Ibindi byaha ku ruhande rw’abamarayika byasobanuwe mu Itangiriro 6: 1-2:

"Abantu batangiye kugwira mu isi babyara abakobwa, abana b’Imana bareba abakobwa b’abantu ari beza, barongoramo abo batoranyije bose. "

Aba "bana b'Imana" ni bande? Bavuzwe kabiri mu gitabo cya Yobu.

Muri Yobu 1: 6: “Umunsi umwe abana b’Imana baje bashengereye Uwiteka, kandi na Satani yazanye na bo.”

Kandi na none muri Yobu 38: 7 igihe Imana ibajije Yobu iti: "Wari he ... Igihe inyenyeri zo mu ruturuturu zaririmbanaga, Abana b’Imana bose bakarangurura ijwi ry’ibyishimo?"

Biragaragara, muri ibi bice byombi ko abo "bana b'Imana" bari ibiremwa by'abamarayika. Muby’ukuri nta muntu n’umwe wari uhari mu gihe Imana yashyiragaho imfatiro z’isi.

Hariho ibice bibiri mu Isezerano Rishya bisobanura urubanza rw'Imana ku bamarayika bakoze ibyaha muri ubu buryo hamwe n'abagore b'abantu. Muri Yuda 6 hagira hati: “N’abamarayika batarinze ubutware bwabo ahubwo bakareka ubuturo bwabo [ijuru] - ibarindira mu minyururu idashira no mu mwijima w’icuraburindi kugira ngo bacirwe ho iteka ku munsi ukomeye.”

Biragaragara ko aba atari abamarayika bagize uruhare mu kwigomeka kwa mbere kwa Satani, kubera ko Satani n'abamarayika be batarafungwa, ahubwo bafite umudendezo kandi bakorera "ahantu ho mu ijuru." Icyaha cy'abamarayika Yuda avugaho ni uko bataye aho bari batuye mu ijuru bakamanuka mu gihande cy'isi, aho babanye n'abagore b'abantu.

Yuda akomeza agira ati: "Kandi n’i Sodomu n’i Gomora n’imidugudu yari ihereranye na ho, kuko abaho na bo bitanze bakiha ubusambanyi no kwendana mu buryo imibiri itaremewe, iyo midugudu yashyiriweho kuba akabarore ihanwa n’umuriro utazima. "

Yuda agereranya abamarayika baguye bo mu gihe cya Nowa n'abaturage ba Sodomu na Gomora kuko ayo matsinda yombi yari afite icyaha kimwe cy'ubusambanyi no kwendana mu buryo imibiri itaremewe.

Muri 2 Petero 2: 4-6 intumwa nayo ihuza abamarayika baguye bo mu gihe cya Nowa n’abantu ba Sodomu na Gomora:

"Kuko ubwo Imana itababariye abamarayika bakoze icyaha ahubwo ikabajugunya mu mworera, ikababohesha iminyururu y’umwijima ngo barindirwe gucirwa ho iteka, kandi ubwo itababariye isi ya kera, ahubwo ikarokorana Nowa umubwiriza wo gukiranuka n’abandi barindwi gusa, ubwo yatezaga isi y’abatubaha Imana umwuzure, kandi ubwo yaciriye ho iteka imidugudu y’i Sodomu n’i Gomora iyitwitse ikayigira ivu, ikayishyiraho kuba akabarore k’abazagenda batubaha Imana ... ”

Muri ibyo bihe byombi icyaha cyabo cyari imibonano mpuza bitsina idasanzwe. Ku murongo wa 4, aho ubusobanuro bw'ikinyarwanda buvuga ngo, “ikabajugunya mu mworera,” ijambo ry'Ikigereki ryakoreshejwe ni tartarus, ijambo rikunze kugaragara mu bitabo by'Abagereki. Tartarus hasobanuwe nk '"ahantu hafungirwa abantu munsi ya Gihenomu nk’uko Gihenomu iri munsi yisi."

Biratangaje igihe gishobora gushira Uwiteka yihanganira ubwoko bumwe na bumwe bw’icyaha kw’isi, ariko hariho imbibi zimwe Imana irebana ishyari. Zimwe muri izi Imbibi ni izibuza kwendana mu buryo imibiri itaremewe, haba hagati y'abamarayika n'abantu cyangwa hagati y'abantu bahuje igitsina. Iyo iyo mbibi irenzweho, ibihano bikomeye by'Imana bihita bikurikira. Mu buryo bumwe, igihano cyaje mu buryo bw'umwuzure; mu bundi ni itsemba rya burundu ry’ako kanya kw’abaturage b'imijyi ibiri yose.

Ibyaha bisa n’ibyo muri iki gihe cyacu

Bibiliya yerekana neza ko imibonano hagati y'abamarayika n'abagore b'abantu itigeze ihagarara burundu mu gihe cy'umwuzure. “Muri iyo minsi abantu barebare banini (Nefilimu) bari mu isi, no mu gihe cyo hanyuma, abana b’Imana bamaze kurongora abakobwa b’abantu babyarana na bo abana, ari bo za ntwari za kera zari ibirangirire. "⁶

Ijambo ry'Igiheburayo Nefilimu rikomoka ku nshinga y'Igiheburayo nafali, risobanura “kugwa.” Abanefilimu rero, ni abaguye - ni ukuvuga abamarayika baguye. Hariho abanefilim ku isi "muri iyo minsi" (ni ukuvuga mu gihe cy'umwuzure) - na nyuma yaho (ni ukuvuga nyuma y'umwuzure).

Abavutse muri iki gihe cyakurikiye muri uko kwihuza kudasanzwe bitwaga intwari. Imigani ya Kigereki yuzuyemo ibisobanuro by’intwari nk’izo. Bavutse igihe ibiremwa Abagereki bitaga imana baryamanye n’abagore b’abantu. Izi mana zari ibiremwa bifite imbaraga zidasanzwe zamanutse ziva mu gice cyo hejuru cyo kubaho. Bibiliya ibita abanefilimu. Muby’ukuri, bari abamarayika baguye.

Mu gutangaho ingero nke, Zewusi (“se” w’imana) bavugaga ko yafashe ishusho y’ingurube maze akihuza n’umugore witwaga Leda, wamubyariye abana batatu. Ikindi gihe, mu buryo bw'ikimasa, Zewusi yaryamanye na Eropa, na we amubyarira abahungu batatu. Indi “mana” —Poseyidoni, imana y'inyanja - yihuje n'umugore w'umuntu maze amubyarira umuhungu witwa Tesewusi, wabaye umwe mu bazwi cyane mu Bugereki nk’intwari.

Izindi ngero nyinshi zishobora kongerwaho. Iyi migani ni nk'indorerwamo yamenetse, itanga uburyo bugoretse bwerekana ibintu byavuzwe mu Itangiriro 6: 4.

Nko mu gihe cya Nowa

Muri Luka 17:26 Yesu aratuburira ati: "Kandi uko byari biri mu minsi ya Nowa, ni ko bizaba no mu minsi y’Umwana w’umuntu." Mu yandi magambo, ibintu byaranze iminsi ya Nowa bizongera kuranga igihe mbere yuko iki gihe kirangira.

Mu gihe cya Nowa "isi yari yononekaye mu maso y’Imana, yuzuye urugomo." ⁷ Muby’ukuri ibyo bintu byombi birimo kugaragara byisubiramo mu maso yacu uyu munsi: kwangirika k’umuco no gukomeza kwiyongera k’ubugome.

Mu gihe cya Nowa, na none, ikiremwamuntu cyatewe n'abamarayika bava mu kirere bahindura abagore b'abantu ibikoresho by’irari ryabo. Uyu munsi, na none, itangazamakuru ryuzuyemo amakuru y’“abashyitsi baturutse mu kirere.” Rimwe na rimwe, ibi bigaragazwa n’ubuhamya bw’ababyiboneye.

Dushobora kuvuga ibi ko ari ibihimbano, ariko ibi ntibisobanura inshuro zo kuboneka kwabo ziyongera. Ikindi gisobanuro cyatanzwe n'Ibyanditswe ni uko ibihe byo mu gihe cya Nowa bigenda byisubiramo. Abamarayika baguye bongeye gukora ku isi.

Ijambo riziye igihe rya Pawulo

Niba ibisobanuro by’Ibyanditswe byavuzwe haruguru aribyo, bituma habaho kwihutirwa kw’imbuzi Pawulo yatanzwe mu 1 Abakorinto 11: 2-16. Pawulo ntabwo yabonaga Itorero nk'itsinda rito ry'abantu bari bonyine mu nyubako zimwe z'idini. Ahubwo yabonaga itorero nk’igice cy’urugamba runini rwuzuye ibikorwa ku isi ndetse no mu ijuru. Amateraniro yabo ntibyagarukiraga gusa ku kwitabirwa n’abantu ahubwo hashoboraga no kubamo abamarayika, abeza n'ababi.

By'umwihariko, Pawulo yihanangirije ko abagore b'abantu bitabira gusenga mu rusengero bakeneye kumenya ko hashobora kubamo abamarayika beza n'ababi. Ikiza babikoraho kwari ukugira igitwikirizo gikwiye ku mutwe. Muri ubwo buryo, bemezaga ko bari munsi y'ubutware Kristo yahaye Itorero rye. Babaga kandi bubashye abamarayika beza bashobora kuba bahari kandi hamwe n’ibyo bakirinda ingaruka mbi z’imyuka zishobora guturuka ku bamarayika babi.

Amabwiriza yerekeye gusenga Pawulo atanga mu 1 Abakorinto 11: 2-16 ashobora kuvugwa mu ijambo rimwe: kubaha.

“Icyubahiro cyanjye kiri he?”

Mu gihe cya Malaki Uwiteka yashinje ubwoko bwe kuba idyarya mu gusenga kwabo. Bari abanyamadini cyane, ariko ntibubahaga. Muri Malaki 1: 6 Uwiteka aravuga ati:

“Umwana yubaha se

Noneho muri Malaki 1:14 Asoza agira ati:

"Kuko ndi Umwami ukomeye… kandi izina ryanjye ni irinyagitinyiro mu banyamahanga.."

Mu mico hafi ya yose hariho amategeko y’imyitwarire agenga uburyo abantu babana n’umwami wabo. Twise aya mategeko porotokole.

Nk’umwami w’isi, Uwiteka, nawe afite porotokole ye. Bimwe mubisabwa muri porotokole yo mu wijuru bivugwa mu 1 Abakorinto 11: 2-16. Batwibutsa ko abakristo mu gusenga kwabo atari itsinda rito riri ryonyine. Ahubwo, Pawulo agira ati: "Twahindutse ibishungero by’ab’isi [ku isi] n’iby’abamarayika n’abantu." ⁸ Twabonye ko "abamarayika" barimo abamarayika beza n'ababi.

Nk’ikimenyetso cy’uko twubaha Umwami, kandi no mu kwigirira neza ubwacu, dukeneye kwiga no gukurikiza ibisabwa na porotokole y’ijuru.

Insanganyamatsiko y’ibaruwa yanjye itaha izaba Intambara Ahantu ho mu ijuru.

¹ ¹ 1 Abakorinto 11:10
² ² Abakolosayi 2:15
³ ³ Abefeso 6:12
⁴ ⁴ 2 Abakorinto 12: 2-4
⁵ ⁵ Ibyahishuwe 20:10
⁶ ⁶ Itangiriro 6: 4
⁷ ⁷ Itangiriro 6:11
⁸ ⁸ 1 Abakorinto 4: 9

21
Sangira