Inzara n'Inyota byo Gukiranuka

Derek Prince
*Last Updated: March 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Ijambo "gutsindishirizwa" ni ijambo rinaniza ry'iyobokamana, rifite ubusobanuro nyakuri busa n’ubudasobanutse neza. Turabanza kureba kuri iryo jambo, hanyuma ngerageze gusobanura icyo risobanura. Insanganyamatsiko nyamukuru y'igitabo cy'Abaroma ni ugukiranuka. Imyaka myinshi mbere, Yobu yari yarabajije ikibazo ngo:
“Noneho umuntu yabasha ate kuba umukiranutsi imbere y'Imana?” (Yobu 25:4)
Igitabo cy'Abaroma gitanga igisubizo cy'Imana. Niba dushishikajwe no kumenya ibyo gukiranuka, tuzashishikazwa n'Abaroma. Yesu yaravuze ati:
“Hahirwa abafite inzara n'inyota byo gukiranuka,
Kuko ari bo bazahazwa.” (Matayo 5:6)
Dushobora kugira inzara n'inyota yo gukira cyangwa kugwiza ubutunzi hatarimo guhabwa umugisha. Ariko iyo tugize inzara n'inyota byo gukiranuka, ni bwo tuzahabwa umugisha.
"Nkanswe none ubwo tumaze gutsindishirizwa n'amaraso ye, ntituzarushaho gukizwa umujinya w'Imana na we?" (Abaroma 5:9)
Reba ko twatsindishirijwe n'amaraso ye. Mu ndimi z'Igiheburayo n'Ikigiriki, hari ijambo rimwe risobanurwa "gutsindishirizwa (just)" cyangwa "gukiranuka." Mu Giheburayo, ijambo ni tsadaq, naho mu Kigiriki ni dikaioō. Ariko uko ryahindurwa kose, ni ijambo rimwe. Mu Cyongereza, dukunda kuvuga gutsindishirizwa (just) mu bijyanye n'amategeko n'amabwiriza, ariko tukavuga gukiranuka mu bijyanye n'imico n'imyifatire. Nta gutandukanya nk'uko biri mu ndimi za Bibiliya. "Twatsindishirijwe n'amaraso ye" bivuga kimwe n'uko "twagizwe abakiranutsi n'amaraso ye."
*Prayer Response
Kode: WD-B097-029-KIN