Kubabarira Abandi

Derek Prince
*First Published: 2008
*Last Updated: May 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Uburyo bumwe bukunze kugaragara abizera baheramo Satani uburenganzira bwemewe n'amategeko mu buzima bwabo ni ukunanirwa kubabarira abandi. Yesu yatwigishije ko tubabarirwa n'Imana ku rugero rumwe n’urwo natwe tubabariraho abandi. Yaravuze ati:
“Kuko nimubabarira abantu ibyaha byabo, na So wo mu ijuru azabababarira namwe, ariko nimutababarira abantu, na So na we ntazabababarira ibyaha byanyu.” (Matayo 6:14–15)
Ntabwo twemerewe gusaba imbabazi z'Imana mu rugero rurenze urwo tubabariramo abandi. Niba hari umuntu uwo ari we wese tutababarira, ku rugero ruhwanye n'urwo, natwe ntitubabarirwa n'Imana. Ibyo bivuze ko agace ko kutababarira mu buzima bwacu ari agace Satani agifiteho uburenganzira bwemewe n'amategeko. Ntidushobora kumwirukana kugeza igihe tubabariye uwo ari we wese ugomba kubabarirwa.
Gucungurwa bingana no kubabarirwa ibyaha. Niba ibyaha byacu byose byarababariwe, noneho dufite uburenganzira bwuzuye bwo gucungurwa. Satani nta kirego cyemewe asigaranye adushinja. Ariko niba hari agace na gato mu buzima bwacu aho icyaha kitaravanwaho rwose, Satani aracyagafiteho ikirego cyemewe. Dushobora kuzana ababwiriza bose bo muri Amerika bakatubwiriza bakanadusengera, ariko ntituzirukana uwo mudayimoni, kuko azi ko afite ikirego cyemewe n'amategeko. Dukeneye kwibuka ko Satani ari umuhanga mu by'amategeko. Kandi na we arabizi. Nyamara, Ijambo ry'Imana riduha kubabarirwa ibyaha byuzuye. Ni ingenzi cyane ko dukomera ku kubabarirwa ibyaha byuzuye kandi ntitugire igihemu na kimwe tureka ngo kibe kitarababariwe.
*Prayer Response
Urakoze, Mwami, kubwo amaraso ya Yesu. Ndasaba Imana kumbabarira ibyaha byose, kandi nanjye mbabariye buri muntu wese nkeneye kubabarira (tanga amazina nyayo yabo). Maze gukora ibyo, ndatangaza ko Satani nta mwanya afite muri njye, nta bubasha amfiteho, nta kirego anshinja. Byose byarangijwe n'amaraso ya Yesu! Amena.
Kode: WD-B097-050-KIN