Kwezwa Hano kandi Ubu

Derek Prince
*Last Updated: March 2026
2 min read
This teaching is not currently available in Ikinyarwanda.
Ubuhamya bwanjye bwite bushingiye ku nteruro iri hejuru bwaba ubungubu, "Mu gihe ngendera mu mucyo, amaraso ya Yesu aranyeza, ubu kandi ubudahwema, ankuraho ibyaha byose." Ndavuga ko "arimo anyeza ubu" kuko bituma bisobanura ko ari hano kandi nonaha, atari gusa igitekerezo rusange kiri aho. Kuri jyewe ni hano kandi ni ubu, ariko kandi birakomeza — ubudahagarara bikagera mu gihe kizaza uko nkomeza kugendera mu mucyo.
Ururimi rw'Igiswahili rwo muri Afurika y'Iburasirazuba rufite igihe cyihariye cyo gusobanura ibintu byuzuye kandi bihoraho. Muri cya gihangano kizwi cyane, “Amaraso ya Yesu atwezaho ibyaha byose,” bararirimba bati, “Amaraso ya Yesu aratweza burundu.” Aya magambo yangumyemo kuko abivuga neza cyane. Nuko rero, tekereza kuri uku kwatura mu buryo bw'ikintu gihoraho kandi cyuzuye.
Hariho igitekerezo cyiza kuri uku kuri muri Zaburi ya 51, ari yo zaburi yo kwihana ikomeye Dawidi yanditse nyuma yo kwemezwa ibyaha bye byo gusambana no kwica. Ni imwe mu zaburi nziza cyane — zaburi buri wese muri twe yagombye gusoma kenshi na kenshi, tukayigira isengesho ryacu bwite. Nizera ko mu guhindura zaburi amasengesho yanjye; sinzisoma gusa, ahubwo nzisoma nk'amasengesho yanjye.
"Unyejeshe ezobu ndera, Unyuhagire ndaba umweru ndushe urubura." (Zaburi 51:7)
Uzabona ko Dawidi yinjizamo ezobu (hyssop). Icyo bivuze ni uko ezobu ari ikintu kizana amaraso aho ndi. Ni ishusho nziza, y'ubuhanuzi yo kwezwa n’amaraso ya Yesu.
*Prayer Response
Kode: WD-B097-023-KIN